
Turamagana uwo mwanzuro n’icyo cyemezo cyigayitse kuko uwo mwanzuro w’urukiko, wuzuye amakemwa, ubushishozi buke n’agasuzuguro ku banyarwanda bose.
Turasaba Leta y’u Rwanda kwikubita agashyi ikareka gukandamiza abanyarwanda, ahubwo igaha ubwisanzure Demokarasi ishingiye ku mashyaka menshi, igaharanira ko uburenganzira no kwishyira ukizana byimakazwa mu Rwanda.
Twongeye gusaba dukomeje ko Leta y’u Rwanda irekura abatavuga rumwe nayo bose ihereye kuri Madame Victoire Ingabire Umuhoza, Me Bernard Ntaganda, Déo Mushayidi, Dr Théoneste Niyitegeka n’abandi benshi ikomeje kurenganya.
Bikorewe i Buruseli kuwa 13 Ukuboza 2013
Joseph MATATA, Umuhuzabikorwa wa CLIIR